Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza ku mugabo w'imyaka 31 wo mu Kagari ka Cyimbazi, Umurenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, ukekwaho gusambanya umwana we bwite w'imyaka ine. Uyu mugabo yatawe muri yombi ku wa 26 Kamena 2026 nyuma y'uko amakuru y'iki cyaha ageze ku nzego zibishinzwe.
Amakuru ava mu buyobozi bw'Umurenge wa Munyiginya agaragaza ko ibi byabereye mu rugo rw'uyu muryango, mu gihe nyina w'umwana yari yagiye guhaha. Agarutse mu rugo ngo yasanze umwana amaze gusambanywa, ahita atabaza ubuyobozi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Munyiginya, Ruhangaza Brigitte, yagize ati: “Arakekwaho gusambanya umwana we bwite yibyariye ufite imyaka ine, yabikoze mu gihe umugore we yari yagiye ku muhanda guhaha aje asanga amaze kumusambanya. Ni bwo yahuruje ubuyobozi kandi umugabo arabyemera.
Nyuma yo gutabwa muri yombi, ukekwaho iki cyaha yahise afungirwa kuri Sitasiyo ya RIB ya Gishari kugira ngo akurikiranwe mu mategeko, mu gihe umwana yajyanywe muri Isange One Stop Center aho ari guhabwa ubuvuzi n'ubundi bufasha bukenewe.
Ubuyobozi bw'Umurenge wa Munyiginya bwasabye ababyeyi n'abandi barera abana kurushaho kubarinda no gukurikiranira hafi ubuzima bwabo bwa buri munsi. Bwanashimangiye ko ibyaha by'ihohoterwa bikorerwa abana bikwiye kujya bitangirwa amakuru ku gihe, aho kubihishira, kugira ngo ababikora baryozwe ibyo bakekwaho kandi harindwe ko hagira abandi bana bahohoterwa.
