Uko Arsenal yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League: Kuva muri Espagne kugera i Budapest

Ku mugoroba wo ku wa 16 Nzeri 2025, Arsenal yatangiriye urugendo rwayo rwa UEFA Champions League muri Espagne ihura na Athletic Club. Icyo gihe byari bisa nk’umukino usanzwe wo gutangiza irushanwa, ariko nyuma y’amezi umunani byari kuzagaragara ko ari bwo urugendo rugana ku mukino wa nyuma rwari rutangiye.

Arsenal yatsinze Athletic Club ibitego 2-0 hanze yayo, itanga ubutumwa bwa mbere ko ikipe ya Mikel Arteta itari yaje muri Champions League gutembera gusa. Iyo ntsinzi yakurikiwe n’indi yatsinzemo Olympiacos ibitego 2-0 i London, ibintu byatumye Arsenal itangira gushyira igitutu ku yandi makipe yo mu cyiciro cya League Phase.

Ku munsi wa gatatu w’irushanwa, Arsenal yahuye n’ikizamini gikomeye cya Atlético Madrid. Gusa imbere y’abafana bayo, yayitsinze ibitego 4-0 mu mukino watumye benshi batangira kuyishyira mu bakandida bakomeye bashobora kwegukana iri rushanwa.

Nyuma yaho, Arsenal yakomeje kwerekana ko ifite gahunda ihamye. Yatsinze Slavia Praha ibitego 3-0 hanze yayo, mbere yo kwakira Bayern Munich mu mukino wari utegerejwe cyane n’abakunzi ba ruhago ku mugabane w’u Burayi.

Icyo gihe benshi bari bategereje kureba niba Arsenal ishobora guhangana n’amakipe afite amateka akomeye muri Champions League. Igisubizo cyabonetse kuri Emirates Stadium, aho Arsenal yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1. Iyo ntsinzi ni yo yatumye iba ikipe ya mbere yegukanye itike ya 1/8 cy’irangiza muri UEFA Champions League 2025/26.

Nta bwo yahagarariye aho. Mu kwezi k’Ukuboza, yatsinze Club Brugge ibitego 3-0 mu Bubiligi, mbere yo kujya gutsindira Inter Milan ibitego 3-1 i San Siro, imwe muri stade zikomeye ku mugabane w’u Burayi.

League Phase yayisoje itsinze Kairat Almaty ibitego 3-2, bituma Arsenal irangiza icyiciro cya mbere nta mukino n’umwe itsinzwe, ibintu byatumye itangira gufatwa nk’imwe mu makipe akomeye kurusha andi yose yari asigaye mu irushanwa.

Mu 1/8 cy’irangiza, Arsenal yahuye na Bayer Leverkusen. Umukino ubanza wabereye mu Budage warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1, ariko i London Arsenal yerekanye ubukure itsinda ibitego 2-0, ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 3-1.

Iyo ntsinzi yayihesheje guhura na Sporting CP muri quarter-final. Mu mukino ubanza wabereye muri Portugal, Arsenal yatsinze igitego 1-0. Mu wo kwishyura, amakipe yombi yanganyije 0-0, bituma Arsenal ikomeza muri 1/2 cy’irangiza ku giteranyo cya 1-0.

Byari ubwa kane gusa mu mateka yayo Arsenal ibashije kurenga quarter-final ya Champions League, ibintu byatumye icyizere cy’abafana bayo kirushaho kuzamuka.

Muri 1/2 cy’irangiza, Arsenal yahuye na Atlético Madrid yari yarasezereye Barcelona. Umukino ubanza wabereye i Madrid warangiye amakipe yombi anganya 1-1, ibintu byatumye ibintu byose bisigara bizakemukira i London.

Ku wa 5 Gicurasi 2026, Emirates Stadium yari yuzuye abafana bizeye amateka mashya. Arsenal yatsinze Atlético Madrid igitego 1-0, ikomeza ku giteranyo cya 2-1, ihita igera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League bwa mbere kuva mu 2006.

Iyo ntsinzi yahinduye ijoro ridasanzwe ku bafana b’iyi kipe bari bamaze imyaka 20 bategereje kongera kubona Arsenal ku rwego rwo hejuru rw’umupira w’i Burayi.

Mu rugendo rwayo rugana i Budapest, Arsenal yakinnye imikino 14 ya Champions League itaratsindwa. Yatsinzemo amakipe akomeye nka Bayern Munich, Inter Milan, Bayer Leverkusen, Sporting CP na Atlético Madrid.

Ubwugarizi bwayo bwabaye imwe mu ntwaro zikomeye. Umunyezamu David Raya yabaye umwe mu bakinnyi bagaragaye cyane muri iri rushanwa kubera umubare munini wa clean sheets yagize, mu gihe William Saliba na Gabriel Magalhães bubatse ubwugarizi bwagoye amakipe menshi y’i Burayi.

Mu kibuga hagati, Declan Rice yakomeje kuba umutima wa Arsenal, mu gihe Martin Ødegaard yakomeje gutanga ubuyobozi n’ubuhanga mu kurema uburyo bw’ibitego. Bukayo Saka na Kai Havertz na bo bagize uruhare rukomeye mu bitego no mu mikinire y’iyi kipe.

Kuri uyu wa 30 Gicurasi 2026, Arsenal yageze kuri Puskás Aréna i Budapest aho ihurira na Paris Saint-Germain ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.

Ku bafana bayo, uyu mukino urenze iminota 90. N'iherezo ry’urugendo rwatangiriye muri Espagne amezi umunani mbere yaho, ndetse  n'amahirwe yo kwandika amateka mashya yo kwegukana igikombe cya mbere cya UEFA Champions League mu mateka ya Arsenal.

Kuva ku ntsinzi ya mbere kuri Athletic Club kugeza ku ijoro rya nyuma i Budapest, Arsenal imaze kwerekana ko yagarutse mu rwego rw’amakipe akomeye ku mugabane w’u Burayi.

Byongeye kandi iyi Arsenal irakina umukino wa nyuma wa UCL, ikaba yaranatwaye igikombe cya shampiyona y'u Bwongereza, ibiyongerera imbaraga n'amahirwe yo kuba yakoresha iryo zina ikegukana iki gikombe ihanganiye na PSG.



Post a Comment

Previous Post Next Post